ITANGAZO RY’ICYAMUNARA CY’ IBIKORESHO BITANDUKANYE (GUSUBIRAMO) muri Energy Utility Corporation Limited | Published on 16-04-2026 | Deadline 24-04-2026
ICYAMUNARA N o : 11.07.022/040/AUCTION/2025-2026/NCB/EUCL-DCS-PROC/CG/RM
Uburyo bwo Kugurisha (Auction Method): Ipiganwa rinyuze mu gutanga igiciro hakoreshejwe
amabahasha (Bidding through sealed envelopes)
Sosiyete Itunganya Ikanakwirakwiza Ingufu z’Amashyanyarazi “EUCL” yishimiye kumenyesha
abantu bose babyifuza kandi babifitiye ubushobozi ko ibafitiye ibikoresho bitandukanye bigurishwa.
Abemerewe gupiganwa ni umuntu wese ufite ubushobozi bwo kugura ibyo bikoresho. Ibyo bikoresho
biri ahantu hatandukanye bikaba biri mu byiciro (Lots) bitandukanye:
NO LOTS AHOBIHEREREYE AKARERE
BIBARIZWAMO
1 LOT 1 : Dredger Machine Mukungwa HPP Musanze
2 LOT 2 : Ibikoresho by’ubwubatsi (construction
materials), ibikoresho byo mu biro (stationeries)
na fork lift
Kanzenze main store Bugesera
Amabahasha afunze akubiyemo ibiciro, agomba kuba afite Ingwate ya sheki izigamiye (certified check)
ingana na 10% y’ikiguzi cyatanzwe kuri buri cyiciro cy’ibikoresho (Lot) cyavuzwe haruguru ndetse
n’inyandiko igaragaza icyiciro (lot) cyapiganiwe, bigomba kugezwa muri Serivise ishinzwe itangwa
ry’amasoko ku Cyicaro Gikuru cya EUCL, Etaje ya mbere umuryango wa G114 bitarenze taliki ya
29/04/2026 isaa yine z’amanywa (10:00). Ayo mabahasha azafungurwa mu ruhame uwo munsi isaa yine
na cumi n’itanu (10:15) za mugitondo. Amabahasha azaza nyuma ya saa yine ntazakirwa. Andi
mabwiriza agenga iri piganwa mwayasanga ku cyicaro gikuru cya EUCL mu Bunyamabanga bwa Servise
ishinzwe imitangire y’amasoko (igihe cyose mu masaha y’akazi). EUCL ifite uburenganzira bwose bwo
kwanga ibiciro byose byatanzwe igihe bigaragaye ko ibiciro byatanzwe ari bito ugereranyije n’agaciro
kahawe ibyo bikoresho.
Hateganyijwe kandi gusura “site visit” ku bantu bifuza kugura ibyo bikoresho bizagurishwa muri iyi
cyamunara yavuzwe haruguru. Uko gusura guteganyijwe, taliki ya 23/04/2026 hazasurwa ibikoresho
biherereye Kanzenze mu Karere ka Bugesera. Taliki ya 24/04/2026 hazasurwa ibikoresho biherereye
Mukungwa ku Ruganda rw’Amashanyarazi mu Karere ka Musanze guhera saa tatu za mu gitondo
(9h:00) kugeza saa kumi n’imwe (17h:00) z’umugoroba iminsi y’akazi.
Icyitonderwa: Upiganwa wese ategetswe gusoma amabwiriza y’ipiganwa aboneka ku cyicaro gikuru cya
EUCL mu Bunyamabanga bwa Serivise ishinzwe imitangire y’amasoko (igihe cyose mu masaha y’akazi)
ndetse n’ahantu ibikoresho biherereye ayo mabwiriza azaba ahari.
Bikorewe i Kigali ku wa 15/04/2026
Ronald MUTUNGI Claver GAKWAVU
Umuyobozi ushinzwe itangwa ry’amasoko Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo
You might also like:
- Faculty of Anesthesiology/division of Clinical Medicine at University of Global Health Equity (UGHE): (Deadline 18 April 2026)
- Terms of Reference (TOR) Establisment of G+1 Poultry Cages Laying Chicken at Horticulture in Reality Corporation Limited (HoReCo): (Deadline 30 March 2026)
- Bursar at Rwanda Basic Education board (REB): (Deadline 30 March 2026)
- Senior Associate, Communication and Liaison at Clinton Health Access Initiative- Rwanda (CHAI): (Deadline 5 June 2026)
- Accountant at Ministry of Trade and Industry (MINICOM): (Deadline 23 April 2026)
