Itangazo ryo Gutanga Isoko ryo Kugura no Kugemura Ihene 149 muri Paruwasi Gasharu – Deadline: 24/05/2026
Ubuyobozi bw’Itorero MARANATHA mu Rwanda Paruwasi ya Ararathi Gasharu, bufite icyicaro mu karere ka Muhanga, Umurenge wa Nyamabuye, buramenyesha ba Rwiyemezamirimo babyifuza ko Umushinga RW0670 Gasharu uterwa inkunga na Compassion International wifuje gutanga isoko ryo kugura no kugemura Ihene z’amashashi 149 zifite ibiro 15 kuzamura, ziri hejuru y’amezi 6 zivutse. Andi mabwiriza murayasanga mu gitabo gikubiyemo amabwiriza agenga iri soko (DAO).
IBISABWA BA RWIYEMEZAMIRIMO BAGOMBA KUBA BUJUJE NI:
- Ibaruwa isaba isoko yandikiwe Ubuyobozi bwa Paroisse Gasharu;
- Kuzuza urupapuro rugaragaza igiciro cy’Ihene imwe (Proforma invoice);
- Registre de commerce itangwa na RDB, igaragaza imirimo isaniyo apiganwa ;
- Icyemezo cy’umwimerere cyo kutabamo imisoro ya Leta gitangwa na RRA, kitarengeje amezi 3gitanzwe ;
- Kugira konti muri Banki izwi mu Rwanda kandi yanditse mumazina ya company;
- Kuba afite ubushobozi bwo kugura ayo matungo yavuzwe haruguru bigaragazwa na Banki statement y’amezi 2 iri mu mazina ya Company;
- Kuba Rwiyemezamirimo yemera mu nyandiko kwishyurwa hakoreshejwe O.P (ordre de payment);
- Kuba yariyandikishije ku musoro nyongera gaciro (TVA), Ndetse atanga Facture ya EBM;
- Icyemezo cy’umwimerere cyo kutabamo imisoro ya Leta gitangwa na RSSB, kitarengeje amezi 3 gitanzwe;
- Kugaragaza ibyemezo 2 cyangwa se 3 by’aho yakoze akazi ko kugura no kugemura amatungo
- Kugaragaza byibura 1 mu masezerano yaho yakoze isoko ry’amatungo ndetse n’icyemezo cy’imikorere yaho;
- Kugaragaza Photocopie y’indangamuntu / ID y’upigana kandi igaragara neza;
- Kugaragaza list y’abasinyateri bose ba Konti ya Company iriho umukono wa Banki
- Kugaragaza ibaruwa igaragaza izindi Konti iyo Company ifite muzindi Bank, iriho umukono w’izo Banki;
- Kugaragaza borudero yishyuriyeho amafaranga adasubizwa ibihumbi icumi by’U Rwanda (10,000) byo kugura igitabo cya DAO ashyirwa kuri konti No: 100008525255 ya RW670 Maranatha Gasharu, ifunguye muri Banki ya Kigali (BK).
Ba Rwiyemezamirimo barasabwa kuza gufata DAO irimo amabwiriza yose y’isoko kubiro by’umushinga RW0670 GASHARU mu minsi n’amasaha by’akazi, kuva tariki ya 11 – 21/05/2026. Amabahasha arimo ibiciro azagezwa ku mushinga RW0670 GASHARU, Tariki ya 24/05/2026 isaa sita n’igice (12H30) arinabwo hazafungurwa amabaruwa mu ruhame y’abitabiriye ipiganwa. Nyuma yiyo saha ntayindi izakirwa.
Abifuza ibindi bisobanuro mwahamagara kuri telefone igendanwa no: 0788 758 375 / 0788 417 526
Bikorewe i Gasharu kuwa 07/05/2026
Rev RUGAZURA NSENGIYUMVA Jonas
Umuyobozi wa Paroisse Ararathi
ATTACHMENT
You might also like:
- Itangazo ryo Gupiganira Isoko muri RW0444 UEBR REMERA: (Deadline 06/05/2026)
- Factory Teamaker at GISOVU TEA COMPANY LIMITED: (Deadline 30 April 2026)
- Local Governance and Sector Decentralization Policy Specialist at Ministry of local Government ( MINALOC): (Deadline 20 March 2026)
- Chief Factory Electrician at GISOVU TEA COMPANY LIMITED: (Deadline 30 April 2026)
- Call for Registration for Professional Training in Advanced Excel and Power BI at Data+ Consultant Ltd: (Deadline 10 April 2026)
